Ababyeyi b'ibisambo
Oku Modesto
Salim Kasamba

Kera habayeho umugabo n'umugore babyarana abana bane.

Buri munsi, umugore yatekeraga umuryango wose, akazana ibyo kurya ku meza.

1

Se w'abana ni we wabagabanyaga inyama.

Akajya abwira imfura ati: "Ndakuze bihagije ku buryo ngomba kurya inyama nini. Dore akira iyi! Tegereza uzabanze ukure ubone kurya inyama nini."

2

Hanyuma akabwira ubuheta ati: "Ndakuze bihagije ku buryo ngomba kurya inyama nini. Dore akira iyi! Tegereza uzabanze ukure ubone kurya inyama nini."

Akabwira abana bose atyo.

3

Umuto muri bo yafataga akanyama gato kurusha abandi.

Inyama nini zaribwaga n'umugabo n'umugore we.

Abana bagaceceka, bakarya izo bahawe.

4

Hashize igihe, abana barakura. Ababyeyi na bo barasaza kugeza ubwo batagishoboye kugira icyo bakora.

Abana babo ni bo babitagaho.

5

Umunsi umwe bari ku meza, umwana w'imfura aba ari we ugabura inyama.

Yahaye se na nyina utunyama duto.

6

Arababwira ati: "Mwariye inyama nini mu gihe cyanyu, ubu natwe igihe cyacu kirageze, turakuze bihagije."

Aha inyama hafi ya zose abavandimwe be.

7

Se yibuka ibyo yabakoreraga bakiri bato. Ababyeyi bombi babona ko bitari byiza.

Nuko basaba abana babo imbabazi. Na bo biyemeza kutazakora iryo kosa.

8
You are free to download, copy, translate or adapt this story and use the illustrations as long as you attribute in the following way:
Ababyeyi b'ibisambo
Author - Oku Modesto
Translation - Emmanuel Sibomana
Illustration - Salim Kasamba
Language - Kinyarwanda
Level - First paragraphs